Garagaza Itandukaniro. Wubake Ahazaza h’u Rwanda

Ikaze mu muryango ukorera ku ntego, aho akazi kawe katagufasha gutera imbere gusa, ahubwo kanagira uruhare mu guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda

Indangagaciro zacu

Ubunyangamugayo

Dushyira imbere ihame ry’ubunyangamugayo n’imyitwarire iboneye mu bikorwa byacu byose, kandi twiyemeje gukorera mu mucyo n’ubutabera.

01
Ubufatanye

Twizera ko gukorerahamwe no gufatanya n’abandi bitanga umusaruro mwiza, kubw’ibyo dukora ibishoboka byose byatuma abantu bakorana neza bigatuma bahanga udushya.

02
Kubazwa inshingano

Twitondera ibikorwa dukora n’ibyemezo dufata, duharanira kubahiriza ibyo twiyemeje gukora kandi tugatanga serivisi zujuje ibyo abanyamuryango bacu bakeneye.

03
Kubahana

Twubaha buri wese tugaha agaciro ibitekerezo by’abandi kandi tugashyigikira umuco wo kwakira buri muntu, kumuha agaciro no kumutega amatwi.

04
Ubudashyikirwa

Binyuze mu gukomeza kurushaho kunoza serivisi n’imikorere yacu, twihaye intego yo gukora ibirenze ibyo abanyamuryango batwitezeho, kandi tukabaha serivisi zuje ubudashyikirwa.

05

Ibyiza byo gukorana natwe

RSSB ntabwo irinda ejo hazaza h’abanyarwanda gusa, ahubwo inagira uruhare mu iterambere n’imibereho myiza y’u Rwanda binyuze mu gushora imari mu bukungu bw’igihugu.

Ubwishingizi bw'Ubuvuzi

Uhabwa ubwishingizi bw'ubuvuzi bwuzuye bwita ku buzima bwawe n'ubw'umuryango wawe, bukaguha ituze kugira ngo ushobore gukora akazi kawe neza kandi utuje.

Inguzanyo ku Mushahara

Wemererwa kubona inguzanyo ku mushahara wawe igihe uhuye n'ibintu byihutirwa bigusaba amafaranga, bikagufasha guhangana n'ibyo ubuzima bugusaba mu buryo bworoshye kandi wizeye.

Ahantu heza ho gukorera

Dushyigikira umuco w'imikorere ushingiye ku bufatanye no koroshya imikoranire, bigafasha abakozi bacu kugera ku musaruro mwiza, guhanga imbere ibishya, no kubungabunga imibereho myiza yabo.

Ikiruhuko gihabwa umukozi

Uhabwa igihe cyo kuruhuka, ukongera kubaka umubiri wawe ukagira imbaraga, ukanabona umwanya wo kugirana ibihe by'agaciro n'umuryango wawe ubifashijwemo n'ikiruhuko cy'umwaka gihemberwa.

Gahunda y'imibereho myiza

Ugira amahirwe yo gukomeza kugira ubuzima bwiza binyuze mu gukora imyitozo ngororamubiri ukoresheje gahunda z’imyitozo n’izita ku mibereho myiza zagenewe gushyigikira ubuzima bwawe k'umubiri n’ubuzima bw’imitekerereze.

Ikiruhuko cy'izabukuru (Pansiyo)

Uteganyiriza ejo hazaza hawe mu buryo bwizewe ukoresheje gahunda ya pansiyo izakubeshaho uri mu kiruhuko cy'izabukuru, bikagufasha gutegura neza igihe cy'izabukuru uyu munsi ukiri mu kazi.

Amahirwe y'Akazi

Reba amahirwe y'akazi ari hepfo, hanyuma ukande ku mwanya w'akazi ushaka kugira ngo ubone ibisobanuro birambuye ku nshingano n'ibisabwa kuri uwo mwanya.  

Reset All
Clear
Showing 0 results of 0 items.
highlight
Filtering by:
Tag
close icon
Thank you! Your submission has been received!
Oops! Something went wrong while submitting the form.
Role
Department
Status
Actions
No items found.
Ba uwa mbere mu kumenya amakuru

Injira mu mwuga uzaguha amahirwe yo kugira uruhare mu mpinduka zifitiye abantu akamaro

Thank you! We'd keep you informed.
Something went wrong while submitting the form.

Niba ufite ibibazo, tugufitiye ibisubizo

Dufite ibisubizo ukeneye, mu buryo busobanutse kandi bufasha.