
RSSB itanga ubwishingizi mu gihe uri ku kazi, uri mu rugendo ujya ku kazi cyangwa uvuye ku kazi, cyangwa uri mu rugendo ujya gukora inshingano z’akazi. Iyi gahunda inatanga ubwishingizi ku ndwara zikomoka ku kazi bitewe n’imiterere y’ahantu ukorera cyangwa imiterere y’akazi ukora.
Uhabwa indishyi mu gihe udashoboye gukora kubera impanuka cyangwa indwara byatewe n’akazi.
Uhabwa ibyo ugenerwa n’ubwishingizi iyo utagishoboye gukora bitewe n'impanuka cyangwa ibyago cyangwa ikindi kibazo cy’ubuzima cyatewe n’akazi.
Hari amafaranga uhambwa ingunga imwe mu gihe wagize ubumuga buhoraho bwatewe n’ibyago bikomoka ku kazi
Hari inkunga y’amafaranga igenerwa abasigaye mu gihe umukozi wishingiwe apfuye azize impanuka cyangwa ibyago bikomoka ku kazi.
Ikigereranyo cy'ubusabe buri kwezi
Ikigereranyo cy'amafaranga atangwa buri kwezi
Abanyamuryango bahawe serivisi
Menya ibyiciro bitandukanye by’inyungu ushobora kubona, binyuze mu bufasha bwuzuye butuma ukoresha neza uburenganzira bwawe bwose.
Uhabwa 75% y’impuzandengo y’amafaranga winjizaga ku munsi mu mezi atatu ashize. Iyi ndishyi itangwa kugeza ukize cyangwa kugeza habonetse icyemezo cy’uko ubumuga bwahindutse ubwa burundu, ariko ntirenza iminsi 180.
Indishyi zitangwa hashingiwe ku rwego rw’ubumuga. Niba ubumuga buri hejuru ya 15%, uhabwa igice cy’igihembo cya pansiyo kijyanye n’urwo rwego rw’ubumuga. Niba kiri munsi ya 15%, uhabwa amafaranga y’ingunga imwe angana n’imyaka itatu ya pensiyo ijyanye n’urwego rw’ubumuga.
Uhabwa pensiyo ingana na 85% y’impuzandengo y’umushahara wawe w’ukwezi mu mezi atatu ashize.
30% igenerwa umuntu wapfushije uwo bashakanye.
15% kuri buri mwana niba hari undi mubyeyi ukiriho.
20% kuri buri mwana iyo ababyeyi bombi batakiriho.
10% kuri buri mubyeyi cyangwa urera umwana wemewe n’amategeko.
Nkora nk’umuforomo mu bitaro bifite abakiriye benshi, mpora ngerwaho n’ingaruka zitandukanye zishobora guterwa n’akazi. Umwaka ushize, nanduye indwara ikomeye igihe nari ndimo nita ku murwayi, iyo ndwara yatumye nkenera ubuvuzi buhambaye ndetse n’ikiruhuko kirekire ntari ku kazi. Ndashimira gahunda y’Ubwishingizi bw’ibyago bikomoka ku kazi kuko amafaranga yose nakoresheje nivuza narayishyuwe, ndetse nanahawe indishyi z’igihe ntashoboraga gukora.

Menya intambwe ku yindi, inzira yo gusaba ibyo wemererwa n’ubu bwishingizi
Umukozi cyangwa umukoresha bagomba gutanga amakuru ku mpanuka cyangwa uburwayi vuba bishoboka, bakagaragaza igihe n’ahantu byabereye
Tanga ubusabe bwo guhabwa ibyo ugenerwa n’ubwishingizi bw’ibyago bikomoka ku kazi mu buryo bwemewe, wemeza amakuru y’impanuka cyangwa uburwayi kandi ukagaragaza amakuru y’ukuri.
Ugomba kugaragaza raporo z’ubuvuzi zitangwa na muganga uvura umurwayi kugira ngo zifashe mu kwemeza indwara no gusaba kwishyurwa.
Umukoresha asuzuma kandi akemeza ibyatangajwe ku mpanuka cyangwa uburwayi, akemeza amakuru y’akazi n’uko umukozi ari muri ubu bwishingizi
Usabwa gutanga amakuru y’umuntu wawe wa hafi cyangwa abanyamuryango bawe kugira ngo byoroshye itumanaho kandi ibyo ugenerwa n’ubwishingizi bikugereho neza mu gihe hari ibyo ugomba guhambwa
Niba hari ibyo umugenerwabikorwa w’ubu bwishingizi yishyuye, usabwa kugaragaza inyemezabwishyu z’amafaranga yakoreshejwe mu buvuzi kugira ngo bifashe mu gutunganya ubwishyu

Dufite ibisubizo ukeneye, bitangwa mu buryo busobanutse kandi bugufasha kubona amakuru ukeneye.
Ni uburyo bufasha abakozi bagiriye ibyago ku kazi cyangwa bafashwen’indwara zituruka ku kazi bakora
- Abakozi bakomerekeye ku kazi
- Abakozi bafite indwara zikomoka ku kazi
- Abasigaye bo mu muryango w’umukozi wapfuye azize ibyago cyangwa uburwayi bikomoka ku kazi
Umukoresha, umukozi cyangwa umuntu wa hafi w’uwagize ibyago bikomoka ku kazi bemerewe n’amategeko kugaragaza ko habayeho ibyago/uburwayi bikomoka ku kazi.
Oya. Ushobora gusaba iyi serivisi ku ukoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga unyuze kur Imisanzu niba uri umukozi cyangwa kuri Ishema niba uri umukoresh.
Yego. Urasabwa raporo ya muganga kugira ngo yemeze ko habayeho ibyago/uburwayi bukomoka ku kazi. Muganga ashobora kuyitanga mu buryo bw’ikoranabuhanga, cyangwa nawe ukuyishyira kuri sisitemu mu gihe waba uyifite.