
Murakazaneza muri RSSB, aho turi mu rugendo rw’impinduka no guhanga udushya bigamije kurushahokunoza imikorere y’ikigo cyacu. Twiyemeje bidasubirwaho gushyira abanyamuryangobacu ku isonga muri buri cyemezo dufata no muri buri bikorwa dutegura, kugirango babone serivisi zibagenewe kandi tugire uruhare mu iterambere ry’igihugucyacu. Dufite intego yo kuba icyitegererezo mu gutanga serivisi nziza kubanyamuryango, dukoresha neza ubushobozi, umutungo n’imbaraga dufite mu gutangaserivise z’indashyikirwa n’ibisubizo byizewe ku bibazo bihari. Icyerekezodufitiye RSSB kirasobanutse: kubaka ikigo giteye imbere, cyizewe mu mikorereishingiye ku gukoresha ikoranabuhanga, kandi tukaba isoko yizewe y’imiberehomyiza y’abanyamuryango.
Twiyemejekuba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu ishyirwa mu bikorwa rya politiki za Leta,tugatanga umusanzu mu guteza imbere gahunda z’imibereho myiza y’abaturage,ndetse no kuba indashyikirwa ku rwego rw’igihugu n’urwego muzaamahanga mubijyanye na politiki y’ubwiteganyirize n’imibereho myiza y’abaturage. Nk’ikigo gishoraimari ku masoko yatoranyijwe, twiyemeje gukorana ubushishozi no kugira intego zishimangiraguteza imbere ubukungu no guhanga udushya. Dufatanyije namwe, turimo kubaka ejohazaza hadukwiriye, aho imibereho y’abanyamuryango bacu iteka ihora ku isonga ry’inshinganozacu. Murakaza neza mu gihe gishya cyo kubaka ubudashyikirwa n’ubufatanye muri RSSB.








Bwana Regis Rugemanshuro ni Umuyobozi Mukuru wa RSSB kuva mu mwaka wa 2020. Ku buyobozi bwe, RSSB yageze ku mpinduka zikomeye kandi zatanze umusaruro mu ngamba zayo z'imikorere, mu rwego rw'amategeko ayigenga, mu ikoranabuhanga n’ikoreshwa ry'ikoranabuhanga rigezweho, mu guteza imbere abakozi no ouverture imiterere y'ikigo, ndetse no mu ivugururwa rya politiki n'amabwiriza. Izi mpinduka zatumye serivisi z’ubwishingizi zigera ku mubare munini w’abantu kurusha ikindi gihe cyose, ndetse n'ishoramari ry'ikigo ritanga umusaruro urenze inshuro ebyiri ugereranyije n'uwari usanzwe, hagamijwe kubaka RSSB ishyira umunyamuryango ku isonga, ifata ibyemezo ishingiye ku makuru, kandi igakorana ubudashyikirwa. Mbere yo guhabwa inshingano z’Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Bwana Regis Rugemanshuro yabaye umwe mu bayobozi bakuru mu rwego rw’amabanki aho yabaye Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ikoranabuhanga muri Banki ya Kigali, banki y'ubucuruzi nini mu Rwanda, aho yayoboye urugendo rwo kuvugurura serivisi n'imikorere hifashishijwe ikoranabuhanga akaba ari na we washinze BK TechHouse, anaba Umuyobozi Mukuru wayo wa mbere. Mu gihe yari ayoboye iki kigo, yageze mu cyiciro cya nyuma cy'abahataniye igihembo cy’indashyikirwa mu guhanga udushya muri Afurika y'Iburasirazuba mu bihembo bya All Africa Business Leaders Awards (AABLA) byo mu mwaka wa 2018. Ku buyobozi bwe kandi, BK TechHouse yahawe igihembo cy'Ikigo cy'Ikoranabuhanga cyitwaye neza kurusha ibindi mu Rwanda mu mwaka wa 2017. Mbere y’uko agaruka mu Rwanda, Bwana Regis Rugemanshuro yakoze mu myanya y'ubuyobozi bukuru muri sosiyete mpuzamahanga za Hewlett Packard na Accenture zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari umujyanama w’abakiliya bakomeye b’izi sosiyete barimo Microsoft na T-Mobile. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza mubijyanye n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho ndetse n'impamyabumenyi y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu miyoborere zombi yakuye muri kaminuza ya Misericordia. Afite kandi impamyabushobozi mpuzamahanga mu gucunga imishinga, akaba n’umunyamuryango wa Young Presidents' Organization (YPO), ndetse akaba no bagize anama z'ubutegetsi z'ibigo byigenga n'ibya Leta.


Michelle Umurungi ni inzobere mu ishoramari no guteza imbere ubucuruzi, ufite uburambe bw'imyaka irenga icumi mu guteza imbere ishoramari, kubaka ubufatanye, no guteza imbere ubukungu muri Afurika no ku masoko mpuzamahanga. Yubatse amateka akomeye mu kureshya abashoramari, guteza imbere udushya, no guteza imbere urwego rw'abikorera binyuze mu kubaka ubufatanye butanga umusaruro no kubaka urusobe rw'abafatanyabikorwa rushyigikira iterambere ry'ubucuruzi n'ishoramari. Guhera muri Kamena 2026, Michelle yinjiye muri Rwanda Social Security Board (RSSB) nk’Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ishoramari, aho ayoboye ibikorwa by’ishoramari ry’iki kigo ndetse akaba anashinzwe ishyirwaho ry’ingamba z’ishoramari rigamije iterambere. Mbere yo kwinjira muri RSSB, Michelle yari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ishoramari m’Urwego Rw’Igihugu Rw’Iterambere (RDB), aho yagize uruhare rukomeye mu kureshya abashoramari no koroshya ishoramari mu nzego z'ingenzi z'ubukungu bw’igihugu. Yanakoze kandi mu myanya y'ubuyobozi muri Norrsken East Africa no muri Rwanda Finance Ltd., aho yatanze umusanzu mu guteza imbere ubucuruzi, guhanga udushya , no guharanira ko u Rwanda ruba ikigega cy'imari mu Karere Michelle afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya gatatu mu Ubucuruzi Mpuzamahanga, ndetse n’impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu icungamari. Afite ishyaka ryo kuzamura iterambere rishingiye ku ishoramari, no gushyigikira iterambere rirambye ry’ubukungu binyuze mu gukoresha neza ingengo y’imari, ndetse no kubaka ubufatanye bukomeye n’abafatanyabikorwa batandukanye.
Dr. Regis Hitimana ni inzobere mu bukungu bushyingiye ku rwego rw’ubuzima ufite uburambe bw’imyaka irenga 15 mu gushyraho politiki z’ubuzima, ubukungu bw’urwego rw’ubuzima, ndetse n’ubwishingizi.
Kuva muri Gicurasi 2020, Dr. Regis akora muri RSSB, aho yagiye mu myanya itandukanye, ubu akaba ari umuyobozi Mukuru ushinzwe inyungu kuva m’Ugushyingo 2022. Yatangiye umwuga we mu 2007 mu bijyanye n’iterambere n’ubuzima rusange, akora mu miryango itari iya Leta mu gihe cy’imyaka itatu, mbere yo kwinjira muri Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda muri 2010. Aho yakoreye hafi imyaka itanu nk’Inzobere mu igenamigambi, gukurikirana no gusuzuma ibikorwa. Kuva mu Ugushyingo 2014 kugeza muri Werurwe 2020, yabaye Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuzima rusange. Uretse inshingano afite muri RSSB, Dr. Regis Hitimana ari no mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’ibitaro byitiriwe umwami Fayisali (King Faisal Hospital.) Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye no kurwanya ikwirakwira ry’indwara yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda, ndetse akanagira impamyabumenyi y’ikirenga mu bijyanye n’ubukungu bushingiye ku buzima yakuye muri Umeå University muri Suwede.

Alain Ngirinshuti ni Umuyobozi Mukuru ushinzwe Inama y’Ubutegetsi na Serivisi z’Amategeko mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda akaba yaranabaye umujyanama w’umuyobozi Mukuru wa RSSB, aho yagenzuraga imiyoborere y’ibigo bigize RSSB ndetse akanagira uruhare mu gushyigikira ingamba z’ingenzi z’iterambere ry’ikigo. Afite uburambe mpuzamahanga bw’imyaka irenga 17 akora mu bijyanye n’amategeko, imiyoborere y’ibigo bikomeye, ishoramari, ndetse no guhuza no kugura ibigo. Alain yamaze imyaka umunani akora muri GENERALI, kimwe mu bigo bikomeye by’ubwishingizi ku isi, Yakoze mu Bufaransa no mu Butariyani, aho yagiraga inama ubuyobozi bukuru ku bijyanye n’ibikorwa by’amasosiyete, imiyoborere, imisoro, ndetse n’amabwiriza agenga ibikorwa. Mu bikorwa by'ingenzi Alain Ngirinshuti yagezeho harimo kuyobora cyangwa kugira uruhare nk'umujyanama mu masezerano akomeye y'ubucuruzi n'ishoramari. Muri ayo harimo ihuzwa rya Generali Vie na e-cie Vie, ibigo byari bifite imitungo irenga miliyari 100 z'Amayero; ishoramari rihuriweho rifite agaciro ka miliyari 1 y'Amayero hagati ya Generali n'Ikigega cy'Igihugu cya Norvege cy’Ishoramari. ishyirwaho rya Virunga Africa Fund I, ikigega cy'ishoramari gifite imari ingana na miliyoni 250 z'Amadolari ya Amerika, igurishwa rya CIMERWA rifite agaciro karenga miliyoni 80 z'Amadolari ya Amerika; ndetse no kuyobora ibiganiro by'Umushinga wa Kigali Green Complex, ufite agaciro ka miliyoni 183 z'Amadolari ya Amerika, no kugira uruhare mu Mushinga wo Kuvugurura Imiterere ya RSSB. Byongeye kandi, nk'Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi wa Rwanda Ultimate Golf Course Ltd (RUGC), yayoboye ibikorwa byo kubaka ikibuga cya golf mpuzamahanga cya Kigali Golf Resort ndetse n'inyubako yacyo izwi nka Clubhouse. Alain ni umwe mu bashinze Imara Properties, sosiyete y’u Rwanda n’u Bufaransa ikora ibikorwa byo guteza imbere no gushora imari mu mitungo itimukanwa. Anakora kandi mu nama z’ubutegetsi z’ibigo n’izindi nzego zitandukanye, aho atanga umusanzu mu miyoborere no mu igenamigambi ry’ibigo. Mbere yaho, yamaze imyaka 12 ari Umunyamabanga Mukuru wa Ibuka Europe ndetse na Visi Perezida wa Ibuka France, aho yagize uruhare rukomeye mu kubungabunga no guhererekanya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, no mu bikorwa byo guharanira uburenganzira no gushyigikira abayirokotse.
Alain afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu Mategeko agenga Ubucuruzi n’Imisoro yakuye muri Kaminuza ya Paris 1 Panthéon-Sorbonne.

Mr. Lionel Ngendakuriyo ni inzobere mu by’ikoranabuhanga, akaba afite uburambe bw’imyaka irenga 10 mu rwego rw’ikoranabuhanga, yibanda cyane ku mpinduka zishingiye ku ikoranabuhanga no ku guhanga udushya. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’Ifaranga ry’ikoranabuhanga, itumanaho n’ibimenyetso bya gihanga bikoresha ikoranabuhanga (cryptography, information security, and digital forensics) aho ahuza ubumenyi bwimbitse n’ishyaka ryo guteza imbere imikorere ishingiye myiza muby’ikoranabuhanga. Ni umwe mubatanze ibisubizo mu nzego zitandukanye zirimo amabanki, ubuzima, imiyoborere ikoresha ikoranabuhanga, imisoro, ubuhinzi, n’ubwishingizi bw’izabukuru, atanga umusanzu ufatika haba mu nzego za Leta n’iz’abikorera. Muri RSSB, Lionel afite uruhare rukomeye mu guhindura imikorere ikava ku mikorere ishingiye ku mpapuro ikaba imikorere y’ikoranabuhanga ridakoresha impapuro, biganisha ku kongera imikorere inoze, kugabanya ikiguzi cy’ibikorwa, no kunoza serivisi zihabwa Abanyarwanda babarirwa muri za miriyoni. Ni umuyobozi ugaragaza ibikorwa, aho yubaka amakipe y’abakozi akora neza, kandi agateza imbere umuco wo guhora abantu biga bakihugura. Ari mu nama z’ubutegetsi n’inama ngishwanama z’ibigo aho atanga umusanzu mu gutegura no ejo hazaza h’ikoranabuhanga mu Rwanda. Nk’umuyobozi Mukuru ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Lionel ahuza igenamigambi n’ubushobozi bwo gukemura ibibazo, bigatuma agira uruhare mu guteza imbere guhanga udushya ndetse no kunoza imikorere mu rwego rw’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Susan Omamo ni inzobere mu bijyanye n’Imicungire y’Abakozi, akaba afite uburambe bw’imyaka irenga makumyabiri mu buyobozi bw’imicungire y’abakoz mu nzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga, itumanaho, ubwikorezi n’ubuhinzi n’ubworozi. Afite amateka akomeye mu kuyobora impinduka z’imikorere no kubaka amakipe akora neza mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati. Ayobora ingamba z’imicungire y’abakozi, aho yibanda ku kunoza imikorere myiza y’ikigo, gucunga no kubyaza umusaruro impano, kunoza imiyoborere, ndetse no kongera uruhare n’ishyaka by’abakozi. Mbere yo kwinjira muri RSSB, Susan yabaye Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imicungire y’Abakozi mu Karere muri Nokia na Liquid Telecom, aho yagaragaje ubuyobozi bushyiraho ingamba zihamye z’imicungire y’abakozi mu bihugu bitandukanye. Yanabaye kandi Umuyobozi ushinzwe Imicungire y’Abakozi muri TNT Express Kenya, na ho urugendo rwe rw’umwuga yarutangiriye muri East African Growers, aho yakoraga mu rwego rwo guhugura no guteza imbere ubushobozi bw’abakozi. Mu rugendo rwe rw'umwuga, Susan Omamo yayoboye neza ibikorwa byinshi byo kuvugurura no guteza imbere imicungire y'abakozi, byibandaga ku kuzamura imikorere, guhindura umuco w'imikorere, guteza imbere impano n'ubushobozi bw'abakozi, ndetse no kunoza imikorere y'ibigo. Yanagize kandi uruhare rukomeye mu gushyigikira ibikorwa byo kubona no gukomeza ibyemezo by'ubuziranenge mpuzamahanga, ndetse no kugira inama abayobozi bakuru b'ibigo ku ngamba z'ingenzi zijyanye no gucunga no guteza imbere abakozi hagamijwe kugera ku ntego z'ikigo. Susan Omamo afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu Imicungire y’Abakozi yakuye muri Kaminuza ya Pondicherry, impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mubijyanye n’ubucuruzi yakuye muri Kaminuza ya Allahabad, ndetse n’Impamyabushobozi mu bijyanye n’imikoranire y’ibigo yakuye muri United States International University (USIU).

Lise Mugisha ni inzobere mu Gucunga no kwirinda Ibihombo afite uburambe bw'imyaka irenga 13 mu rwego rw'imari, yibanda ku kubahiriza amategeko n'amabwiriza, gusuzuma no kuvugurura politiki, ubugenzuzi bw'imari, gucunga ibyago/ibihombo ku rwego rw'ikigo, ndetse no gucunga imishinga. Afite ubumenyi n'uburambe bwimbitse yakuye mu myanya y'ubuyobozi yakoreyemo mu bigo mpuzamahanga by'ubugenzuzi bw'imari ndetse no mu bigo by'amabanki. Yatangiriye umwuga we muri Ernst & Young (E&Y), aho yamaze imyaka itatu mu ishami ry’ubwishingizi akora nk'Umugenzuzi w'Imari, ahakura ubumenyi bukomeye mu bugenzuzi bw'imari, kubahiriza amategeko n'amabwiriza, ndetse no n’ubugenzuzi bw’ibigo.
Nyuma yaho yinjiye muri I&M Bank (Rwanda), aho yamaze imyaka 10 akora mu myanya itandukanye, harimo n'uw'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Gucunga Ibihombo. Muri uwo mwanya, yayoboye ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’imicungire y'Ibihombo ku rwego rw'ikigo, mu buryo buhuje n'amahame mpuzamahanga ya Basel agenga imicungire y'ibihombo mu rwego rw'amabanki. Afite impamyabushobozi mu kwirinda no guhangana ibihombo, kandi afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ishoramari, ndetse na akanagira impamyabumenyi y’ikiciro cya mbere mu bijyanye ibaruramari n’ishoramari. Mu rugendo rwe rw’umwuga, yagaragaje ubushobozi buhanitse mu gutegura no gushyira mu bikorwa ingamba zinoze zo gucunga ibihombo zihuzwa n’intego z’ibigo akorera ndetse n’ibisabwa n’amabwiriza ngengamikorere y’inzego. Azwiho ubushobozi buhanitse mu miyoborere buyobozi no guhuza ibikorwa hakiyongeraho n’uburyo bwe bw’imikorere ishingiye ku gutekereza no gusesengura mu buryo bwimbitse. Yakomeje kugira uruhare rugaragara mu kongerera imbaraga ubushobozi bw’ibigo bwo guhangana n’imbogamizi no kunoza imiyoborere.

Innocent ni inzobere mu by’imari, afite uburambe bw’imyaka irenga makumyabiri mu buyobozi mu rwego rw’imari, harimo guhindura imikorere y’ibigo, ubugenzuzi bw’imbere mu bigo, gucunga mari y’ibigo n’imiyoborere yabyo. Kuri ubu, Innocent akora nk’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari n’Imisanzu mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), aho ayobora ibikorwa by’ingenzi by’imicungire y’imari n’imisanzu, akanoza sisitemu z’imicungire y’imari, ndetse akanagira uruhare mu ivugururwa ry’inzego rigamije kongera imikorere inoze n’ubushobozi bwo gukora neza, no gushyigikira iterambere rirambye ry’igihe kirekire. Mu kazi ke muri RSSB, Innocent yabaye mu myanya y’ubuyobozi itandukanye irimo Umuyobozi ushinzwe Imari n’Imisanzu ndetse n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe imari. Yubatse ubumenyi bukomeye mu bijyanye n’ingamba z’imikoreshereze y’imari, imicungire n’ikusanywa ry’imisanzu, gucunga imari, gutegura raporo z’imari, kubahiriza amabwiriza, no gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu bikorwa by’imari, gukorana n’abafatanyabikorwa, ndetse no guhuza inzego zitandukanye mu rwego rw’iterambere ry’ikigo. Mbere yo kwinjira muri RSSB, yabaye Umuyobozi w’Ishami ry’Ubugenzuzi muri RAMA, aho yagize uruhare mu kuvugurura no kunoza sisitemu z’igenzura ry’imbere z’iki kigo cy’ubwishingizi bw’ubuzima kiza ku isonga mu Rwanda. Innocent kandi anaba mu nzego zitandukanye z’inama z’ubutegetsi z’ibigo, aho atanga inama zishingiye ku bushishozi mu by’imari, imiyoborere, gucunga ibihombo, kugenzura ishoramari, no guteza imbere ibigo. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu Imari n’Amabanki, Impamyabushobozi y’icyiciro cya dipoloma mu Imicungire y’Imari ikoresheje Ikoranabuhanga, ndetse n’impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ibaruramari.


Iyi nomero yihariye igufasha kubona ubwiteganyirize n’izindi serivisi zitangwa na RSSB. Yisabe nonaha utangire urugendo rwo kugira ejo hazaza hatekanye kandi hateye imbere
Menya amatangazo mashya kandi ubone n’inyandiko zitandukanye.
Menya amahirwe ahari, ubashe guhatanira amasoko akiri mu ipiganirwa

Bwana Marcel Mukeshimana afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Ibaruramari n’impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mubijyanye n’imari n’igenzura. Ni umubaruramari w’umwuga kandi ubifitiye n’impamyabushobozi mpuzamahanga akaba n’inzobere mu micungire y’imari ya Leta ubifitiye impamyabushobozi.
Ni umunyamuryango w’imiryango itandukanye y’umwuga, harimo: Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ababaruramari B’Umwuga (Association of Chartered Certified Accountants - ACCA); Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Umwuga w’Ibaruramari n’Imicungire y’Imari ya Leta (Chartered Institute of Public Finance and Accountancy - CIPFA); Urugaga rw’Ababaruramari B’umwuga mu Rwanda (Institute of Certified Public Accountants of Rwanda -ICPAR). Mukeshimana afite uburambe buhambaye mu micungire y’imari ya Leta kandi yamaze igihe kinini akorera muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), aho yakoze imirimo inyuranye irimo kuba Impuguke mu Ibaruramari rya Leta, Impuguke ishinzwe mikorere, amabwiriza y’umwuga n’ibaruramari, nyuma aba Inzobere mu Micungire y’Imari mu Mushinga wa IFMIS.
Mu mushinga wa IFMIS kandi yanahakoze izindi nshingano nko kuba Umubaruramari Mukuru wungirije ushinzwe guhuza no gutegura raporo z’ibaruramari rya Leta, mbere yo kugirwa Umubaruramari Mukuru wa Leta, umwanya arimo kugeza ubu. Mukeshimana yagize uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’amavugurura atandukanye mu micungire y’Imari ya Leta mu Rwanda, harimo guhuza no gutegura raporo zaguye z’imari ya Leta, gutegura uburyo bw’igenamiterere n’imikorere inoze byifashishwa mu iterambere, anagira uruhare mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Sisitemu y’Igihugu yo gucunga imari ya Leta binyuze mu mushinga wa IFMIS.

Bwana Yves Gatsimbanyi ni Umuyobozi Mukuru Ushinzwe gukumira ibihombo muri Banki ya Kigali (BK). Mbere yo kujya muri izi nshingano, yari Umuyobozi ushinzwe gyukumira ibihombo n’Iyubahirizwa ry’Amategeko muri BK kuva mu ntangiriro za 2010, akaba afite uburambe bukomeye mu rwego rw’amabanki.
Mbere yo kwinjira muri Banki ya Kigali, yakoraga muri I&M Bank Rwanda ari Umuyobozi ushinzwe Iyubahirizwa ry’Amategeko n’ubugenzuzi.
Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mubijyanye n’imicungire y’Imari n’Ibaruramari yakuye muri kaminuza ya Mount Kenya, akanagira Impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Bukungu yakuye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda. Akanagira impamyabushobozi (Diploma) mu bijyanye no gukumira ibihombo mu rwego rw’Imari n’Amabanki

Bwana Marara Shyaka Patrick ni Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imari mu Agaciro Development Fund, akaba afite uburambe bw’imyaka 16 mu micungire y’imari, harimo imyaka 12 ku myanya y’ubuyobozi bukuru. Mbere yo kwinjira mu Agaciro Development Fund, yakoraga nk’Umubaruramari Mukuru muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) kuva mu 2010 kugeza mu 2016. Mbere yaho kandi, yabaye Umuyobozi ushinzwe ubugenzuzi mu Biro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta.
Ubu kandi ni umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi mu bigo bitandukanye, birimo: Prime Insurance, Rwanda Gaming Corporation, Rwanda Interlink Transport Company, KT Rwanda Network. Bwana Marara ni umunyamuryango w’imiryango itandukanye y’ababaruramari ku rwego rw’akarere no ku rwego mpuzamahanga. Akaba afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza yakuye muri Heriot-Watt University mu Bwongereza, akagira impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri mu Ibaruramari yakuye muri Kaminuza ya Bangalore yo mu Buhinde. Shyaka ni umwe bantu mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Urugaga rw’Ababaruramari B’umwuga mu Rwanda.

Prof. Senait Fisseha ni umuyobozi uzwi ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere n’uburenganzira bujyana na byo, kandi ni umwe mu bantu baharanira uburinganire n’ubwuzuzanye kuva mu myaka myinshi ishize. Ubu akora nk’Umuyobozi ushinzwe Gahunda Mpuzamahanga mu muryango wa Susan Thompson Buffett Foundation, ndetse anaba n’Umujyanama Mukuru w’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi.
Ni umuhanga mu buvuzi bujyanye n’imyororokere. Fisseha yabaye Umuyobozi w’Ishami rishinzwe imyororokere muri Kaminuza ya Michigan, ndetse anaba Umuyobozi Mukuru w’Ubuvuzi mu kigo cya Kaminuza ya Michigan gishinzwe ubuvuzi bujyanye n’imyororokere ndetse yashinze ikigo mpuzamahanga gitanga amahugurwa ku buzima bw’Imyororokere akaba ari na we muyobozi wacyo. Igihe yari ari muri Kaminuza ya Michigan, yanabaye umwe mu bayobozi bagejeje ishuri ry’ubuvuzi ku budashyikirwa mu buvuzi mpuzamahanga.

Kephers ni umuhanga mu bijyanye n’ubwishingizi akaba afite impamyabumenyi mu bijyanye n’ubwishingizi yakuye mu Bwongereza, Afite kandi impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’ubushabitsi. Afite ubunararibonye mu rwego rw’ubwishingizi, ndetse no mu guhugura abakozi bakora mu bigo by’ubwishingizi. Yagize uruhare mu mishinga myinshi y’amahugurwa n’ubujyanama mu bijyanye no guhangana n’ibihombo, ubwishingizi, ndetse n’imicungire y’abakozi mu bihugu birimo u Rwanda, Kenya, Tanzania, Zambia, Malawi na Côte d’Ivoire.

Dr. Violette ni Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro Bikuru bya Karongi. Afite uburambe mu gutanga serivisi z’ubuzima n’imicungire y’ibitaro.

Alain ni inzobere mu guteza imbere porogaramu z’ubwenge buhangano, afite uburambe bw’imyaka irenga 7 muri uru rwego. Yayoboye neza imishinga itandukanye yo gukoresha ubwenge buhangano mu buryo butanga ibisubizo mu nzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga ry’imari, ubuvuzi, n’inzego za Leta.
Afite ubumenyi bwimbitse bushingiye ku mashuri yize, aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza yakuye muri Kaminuza ya Illinois Urbana-Champaign mu bijyanye n’ubumenyi bwa mudasobwa aho yibanze cyane mu bijyanye n’ubwenge buhangano ndetse n’impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Bumenyi bwa Mudasobwa yakuye muri kaminuza ya Buena Vista. Mu kazi ke, yakomeje guteza imbere impinduka zishingiye ku ikoranabuhanga binyuze mu kunoza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rishingiye ku makuru .
Azwi kandi ku bushobozi bwo gukorana n’amatsinda atandukanye y’abakozi n’abafatanyabikorwa, ndetse no guteza imbere ikoreshwa ry’ubwenge buhangano mu buryo bwa kinyamwuga. Ashishikajwe no gukoresha ikoranabuhanga mu kongera umusaruro n’imikorere myiza y’ibigo, guteza imbere ubucuruzi, no kugira uruhare mu iterambere ry’umuryango muri rusange.
Ubunararibonye bwe mu buyobozi n’icyerekezo afite mu guteza imbere ubwenge buhangano bihuye n’intego n’icyerekezo by’Inama y’Ubutegetsi ya RSSB.