Ikigega cy’Ishoramari Kinini

mu Rwanda.

Ishoramari rya RSSB rigamije guhesha agaciro abanyawanda binyuze mu guhuza inyungu zifatika zituruka ku ishoramari n’ingaruka nziza ku mibereho n’iterambere ry’ubukungu bw’igihugu.

Dutanga ubwishingizi bujyanye n’igihe, bukagendana n’impinduka z’ubuzima bwawe n’umuryango wawe.

11.08%

y’inyungu ku ishoramari

35+

Ibigo RSSB yashoyemo imari

Tiriyali 2.4

Umutungo ucungwa na RSSB

Imibare ishimishije y'ibyagezweho

Ibipimo by’Ishoramari

100%

Ubwiyongere bw’umutungo mu myaka 5

Tiriyali 3.1

Agaciro k'umutungo wose ucungwa na RSSB

14.2%

Inyungu ku ishoramari

Miriyali 515

Imisanzu y’abanyamuryango

34%

Ubwiyongere bw’imisanzu ku mwaka

Miriyali 223

Amafaranga y’ingoboka yatanzwe

Tiriyali 2.8

Agaciro k’ishoramari ryose

16.7%

Ijanisha ry'ubwiyongere bw’ishoramari

Miliyali 361.7

Inyungu y’umwaka wa 2026

Aho dushora imari

Dushora imari mu nzego zitandukanye zigira uruhare mu guteza imbere ubukungu no kuzana impinduka zirambye ku rwego rw’igihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Umutungo utimukanwa

RSSB iri ku isonga mu gushora imari mu nyubako z’ubucuruzi n’izo guturamo mu Rwanda. Twashoye imari muri uru rwego dufasha mu kubona inyubako zicururizwamo n’abacuruzi bacuruza ibintu bitandukanye ndetse n’inzu zo guturamo zigurishwa. Mu mibare y’ingenzi y’ibyakozwe twavuga:

15+

Imitungo itimukanwa

8%

Ijanisha ry'ishoramari

Miliyali 221

Agaciro k'umutungo

Impapuro mvunjwafaranga

Ishoramari ryo mu mpapuro Mvunjwafaranga ryinjiza inyungu zihamye bigaha RSSB umusaruro uhoraho mu gihe rinabungabunga igishoro kugira ngo gikomeze gushorwa mu buryo bwizewe kandi burambye. RSSB iri mu bashoramari bakomeye mu mpapuro mpeshamwenda za Leta y’u Rwanda.

Miriyali 935

Agaciro k'umutungo

65%

Ijanisha ry'ishoramari

Kugura imigabane

RSSB yashoye mu kugura migabane mu bigo bikorera mu nzego zitandukanye mu Rwanda, mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Iri shoramari ritanga umusanzu ukomeye mu iterambere ry’imibereho n’ubukungu binyuze mu guhanga imirimo, guteza imbere imibereho y’abaturage no gushyigikira iterambere ry’igihugu.

11

Inzego zashowemo imari

27%

Umugabane w'ishoramari

Serivisi z’Imari
Umutungo Utimukanwa
Ikoranabuhanga n’Itumanaho
Imiti n’Ubuvuzi
Ubukerarugendo n’Amahoteli
Ibicuruzwa by’ibanze
Ingufu
Inganda
Ubuhamya

Kubaka ejo hazaza
h’ubukungu bw’u Rwanda

"Gushora imari muri MTN Rwanda byabaye ibirenze icyemezo cyo gushora imari gusa. Nk’umuyoboro munini w’itumanaho rya telefoni zigendanwa muri Afurika, MTN Rwanda ihuza miliyoni z’Abanyarwanda bo mu byiciro byose by’imibereho. Binyuze ku bikorwa remezo byayo bifasha gukoresha serivisi z’imari hakoreshejwe USSD, iri shoramari rifasha abantu gukora ubucuruzi no kwishyurana mu buryo bworoshye, bikabafungurira amahirwe mashya ndetse n’imikoranire myiza kurushaho"
"Twishimira gushyigikira imishinga mishya kandi itanga ibisubizo birambye nka Katapult Africa, ikigega cy’ishoramari gifite icyicaro mu Rwanda kigamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bwa Afurika. Cyibanda ku buhinzi burambye, ibisubizo bihangana n’imihindagurikire y’ibihe, ndetse n’ikoranabuhanga rishya mu rwego rw’ibiribwa. Ubu buryo bwo kureba kure bufasha ibigo bikiri bito bigitangira ubucuruzi byo muri Afurika gutera imbere muri izi nzego."
"Mu mwaka wa 2016, RSSB yafashe iya mbere ishora imari muri Zipline. Ibi ntibyagarukiraga gusa ku gukemura ikibazo cyari gihari mu Rwanda, ahubwo byari ugushyigikira igitekerezo gishya kandi gifite ubushobozi bwo kugera ku rwego mpuzamahanga. Uyu munsi, ibikorwa bya Zipline bimaze kugera mu bihugu birenga 8, bikomeza gushyira mu bikorwa intego yayo yo gutanga serivisi z’ubwikorezi mu buryo bugera kuri bose."
"Muri RSSB, twemera ko kugera kuri serivisi z’imari mu buryo budaheza ari urufunguzo rwo kubyaza umusaruro amahirwe yose ari mu Rwanda. Ni yo mpamvu dushyigikira Abanyarwanda dushora imari muri Banki ya Kigali, banki nini y’ubucuruzi mu gihugu. Banki ya Kigali itanga serivisi z’imari zinoze zigera ku bantu ku giti cyabo no ku bigo by’ubucuruzi mu ngeri zitandukanye, zigafasha mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu cyacu."
"Kuba umufatanyabikorwa ufite imigabane myinshi bigaragaza ubwitange bwacu mu guteza imbere udushya mu rwego rw’ubuvuzi mu Rwanda no hanze yarwo; ni umurimo udasanzwe ugamije kunoza itangwa ry’inkingo ku mugabane wa Afurika. Ntabwo turimo kunoza serivisi z’ubuvuzi ku barwayi gusa, ahubwo tunagira uruhare mu rugamba mpuzamahanga rwo kurwanya ibyorezo."

Imitekerereze yacu ku Ishoramari


Nk’abashinzwe kurengera ubusugire bw’imibereho y’Abanyarwanda, Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rwiyemeje kuzuza inshingano yarwo y’ibanze: imibereho myiza y’Abanyarwanda. RSSB itanga serivisi ku bantu barenga miliyoni 13 ibinyujije muri gahunda esheshatu z’ingenzi z’ubwiteganyirize, kandi icunga umutungo ufite agaciro ka miliyari 1.8 z’amadolari ya Amerika.

Ishoramari ryacu rigamije kubyara inyungu ari na ko ingamba z'ishoramari ryacu zihuzwa n’intego z’u Rwanda mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza binyuze mu gushora imari mu byiciro bitandukanye birimo ishoramari rishingiye ku nyungu zihoraho, kugura imigabane, n’imyubakire n’ibikorwa remezo by’amazu, tugamije guteza imbere ubukungu no kuzamura imibereho myiza y’abanyamuryango bacu.
Michelle Umurungi
Deputy Chief Executive Officer

Ishoramari Ryacu Rikwegereye

Ishoramari ryacu rigaragara nk’ibimenyetso bifatika by’iterambere, bigahindura isura y’igihugu cyacu  kandi bikagira uruhare mu kuzamura imibereho yacu.

Kigali Convention Centre yafunguwe ku mugaragaro muri Nyakanga 2016, intego yayo ni ukuba ahantu ha mbere mu Karere habera inama n’ibikorwa mpuzamahanga. Imiterere yacyo yihariye ifite ishusho y’umubumbe isa n’ingoro gakondo z’abami b’u Rwanda, igaragaza isano hagati y’umuco nyarwanda wa kera n’iterambere rigezweho. Kigali Convention Center igizwe n’ahantu hatandukanye hakorerwa ibikorwa binyuranye, harimo icyumba mberabyombi gishobora kwakira ibirori by’ingano zitandukanye, kikakira abantu bagera ku 2,600, Kigali Convention Center kandi inafite hoteri y’inyenyeri eshanu.
Vision City, umwe mu mishinga minini kandi igezweho y’imiturire yihariye mu Rwanda, itanga uburyo bwo guturamo burambye kandi bufite umwihariko, ihuza ikoranabuhanga rigezweho, ibikorwa byita ku buzima bwiza, ndetse n’imyubakire ibungabunga ibidukikije kugira ngo ishyireho igipimo gishya cy’ubuzima bwiza bwo ku rwego rwo hejuru. Icyiciro cya kabiri cya Vision City kizazana uburyo butandukanye bw’amacumbi burimo amazu y’imiryango, amazu ahuriraho inkuta, ndetse n’amazu y’amagorofa, biherekejwe n’ibikorwa remezo byo ku rwego mpuzamahanga birimo amaduka, ikigo cy’imyidagaduro, ishuri, ishuri ry’incuke, ahantu ho kwidagadurira ndetse na hoteli.   Hateganyijwe kubakwa amazu arenga 1,400, aho icyiciro cya Kabiri cya Vision City kizaba kigamije gutegura ahantu umuryango utura, utuye ufite ubuzima bwiza, ibikorwa bitandukanye kandi hahuza abantu.
Ikibuga cya Golf cya Kigali, ari cyo kibuga cya mbere cy’imikino ya golf cy’imyobo 18 kiri ku rwego mpuzamahanga mu Rwanda, gifitwe kandi gicungwa n’ikigo gishamikiye kuri RSSB cyitwa Rwanda Ultimate Golf Course.   Iki kibuga cyateguwe n’umukinnyi w’icyamamare wa golf, Gary Player, kikaba ari igikorwa remezo cy’indashyikirwa mu rwego rw’imyubakire n’imiturire. Mu rwego rwo kurushaho gushimisha abakoresha iki kibuga, hubatsweyo na hoteli yihariye y’imyidagaduro iri ku rwego rw’inyenyeri eshanu, irimo ahatangirwa amafunguro meza, ibikoresho bigezweho by’imyitozo ngororamubiri, ahabera ibirori ndetse n’ahantu hihariye ho kuruhukira.   Ni ahantu hateguwe ku bakunda umukino wa golf ndetse n’abashaka kuryoherwa no gutemberera ahantu hateye amabengeza, hari ituze n’imyidagaduro yo ku rwego rwo hejuru ibafasha kuruhura ubwonko.
Kigali Green Complex (KGC) ni inyubako nini y’amagorofa 29 ihuriwemo ibikorwa bitandukanye, iteganyijwe kuzaba inyubako ndende kurusha izindi mu Rwanda, ifite metero 150 z’uburebure. Uyu mushinga wihariye uhuza igishushanyo mbonera kigezweho no kubungabunga ibidukikije, ugamije kubona ibyemezo mpuzamahanga bya  LEED na WELL, byemeza ko inyubako ikoresha amazi n’amashanyarazi mu buryo buboneye kandi ko uyu mushinga ushyira imbere imibereho myiza y’abazakoresha iyi nyubako. Uhuje n’intego z’Icyerekezo 2050 cyo kugeza u Rwanda ku kuba igihugu giteye imbere gifite ubukungu buhambaye, Kigali Green Complex izahindura isura y’Umujyi wa Kigali, iwushyire ku mwanya w’ihuriro rikomeye ry’imari, ubuzima no guhanga udushya muri Afurika.

Imiterere y’ishoramari ryacu

Dushora imari mu bushishozi, hagamijwe kubona inyungu ku ishoramari mu buryo burambye no guteza imbere imibereho n’ubukungu bw’u Rwanda

Kumenya amahirwe y’ishoramari no kuyahuza n’iterambere rirambye

Dushakisha amahirwe y’ishoramari rihuza n’ingamba zacu z’igihe kirekire, kandi rigashyigikira gahunda z’iterambere ry’igihugu mu buryo burambye.

Ubushakashatsi ku isoko no gusuzuma ibyago byo guhomba

Buri shoramari rikorwa nyuma y’isesengura ryimbitse ry’isoko, isuzuma ry’imari n’isesengura ry’ibihombo bishobora kubaho, kugira ngo hafatwe ibyemezo bihamye bishingiye ku makuru yimbitse.

Gushora ahantu hatandukanye no guhanga udushya

Guharanira gushora imari mu mishinga yo mu nzego zitandukanye ndetse no mu byiciro bitandukanye by’imari, tugahuza amahirwe yo gukura no gutera imbere n’ubushobozi bwo guhangana n’imbogamizi z’igihe kirekire.

Ishoramari ryizewe

Ibyemezo byacu by’ishoramari bishingira ku miyoborere ihamye, bigakorwa n’insinda ry’abayobozi bafite imyitwarire iharanira gucunga

Fatanya natwe gushora imari mu hazaza

Tinyuka guhangana n’imbogamizi kandi ube imbarutso y’udushya  n’iterambere mu Rwanda

Twandikire