Ubuvuzi bugera

Kuri Bose

Buri wese akwiye kubona ubuvuzi bufite ireme. Ni yo mpamvu gahunda y’ubwisungane mu kwivuza itanga ubwishingizi bw’indwara buhendutse ariko bwuzuye ku banyarwanda bose.
Mituweli

Gahunda y’ubwisungane mu kwivuza

Ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) ni iki

Ubwisungane mu kwivuza, buzwi cyane nka Mituweli, ni gahunda y’ubwishingizi bw’indwara ifasha Abanyarwanda kubona serivisi z’ubuvuzi binyuze mu gusangira ikiguzi cy’ubuvuzi, buri wese agatanga umusanzu we. CBHI itanga ubwishingizi bw’ubuvuzi ku Banyarwanda bakorera mu nzego zemewe n’amategeko ndetse n’abakora mu rwego mirimo itanditswe cyangwa se imirimo iciriritse, hagamijwe gufasha buri wese kubona serivisi z’ubuvuzi z’ibanze kandi zikenewe hirya no hino mu gihugu.

Inyungu zo kujya mu bwisungane mu kwivuza (Mituweli)

Menya ibyiza by'Ubwisungane mu Kwivuza n'uko butumaburi wese abasha kubona serivisi z'ubuvuzi ku buryo bungana kandi bworoshye.

Ubuvuzi buhendutse

Guhera ku mafaranga 200 ushobora kubona ubuvuzi mu mavuriro yose ya Leta.

Serivisi z’ubuvuzi zegereye aturage

Mushobora kubona serivisi z’ubuvuzi bufite ireme ku bigoby’ubuvuzi bibegereye, igihe cyose muzikeneye.

Serivisi z’ubuvuzi zinyuranye

Mushobora guhabwa serivisi zitandukanye z’ubuvuzi binyuze ku bigo by’ubuvuzi bifitanye amasezerano y’imikoranire n’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli).

Ese Mituweli ikora ite?

Iyi nigahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima ishingiye ku bufatanye, aho abantu (imiryango) bishyira hamwe bagatanga umusanzu kugira ngo babone ubuvuzi

Icyiciro cya I (Abatabasha kwinjiza amafara)

Abantu badafiteimirimo ibinjiriza amafaranga bishyurirwa na Leta 4,000 Frw ku muntu ku mwaka (Leta ibishyurira 100%).

Icyiciro cya II (Abinjiza amafaranga ari munsi ya 30,000 Frw)

Abari muri iki cyiciro cy’abantu binjiza amafaranga ari munsi ya 30,00, umuntu yishyura 4,000 Frw ku mwaka (3,000 Frw yishyurwan’umuturage, 1,000 Frw akayishyurirwa na Leta.

Icyiciro cya III (Abinjiza amafaranga ari hagati ya 30,001 Frw na 60.000 Frw ku kwezi)

Abanyamuryango bari mu cyiciro cya III binjiza hagati ya 30,001 Frw na 60,000 Frw mu kwezi, biyishyurira umusanzu wa 5,000 Frw ku mwaka ku muntu, nta nkunganire ya Leta babona

Icyiciro cya IV (Abinjiza amafaranga ari hagati ya 60,001 na 120,000 Frw)

Abanyamuryango binjiza amafaranga ari hagati ya 60,001 Frw na 120,000 Frw, batanga umusanzu wa 8,000 Frw ku muntu mu mwaka. Nta nkunganire ya Leta babona.

Icyiciro cya V (abinjiza amafaranga ari hejuru ya 120,000 Frw)

Abanyamuryango binjiza amafaranga ari hejuru ya 120,000 Frw ku kwezi, batanga umusanzu wa 20,000 Frw ku mwaka, ku muntu umwe, nta nkunganire ya Leta babona.

Uko kwishyura bikorwa

Kwishyura bikorwa hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga binyuze mu nzira zitandukanye, amabanki y’ubucuruzi, MoMo cyangwa abakozi b’Irembo. Urutonde rw’abanyamuryango  hamwe n’indangamuntu y’uhagarariye rugashyikirizwa ibiro bya RSSB biri hafi.

Ibyagezweho birashimishije

Imibare y’ibyagezweho na gahunda ya Mituweli

Miliyoni 11

Abagenerwabikorwa

Miliyoni 220

Umubare wa dosiye z'abarwayi

Miliyoni 114

Imiti yanditswe n'abaganga imaze gutangwa binyuze muri Mituweli.

9,000

Ibigo by'ubuvuzi bikorana na RSSB

89.06%

Ijanisha ry'abaturage bakoresha Mituweli

Uko Urugo rwiyandikisha muri Mituweli

Kugira ngo urugo rwiyandikishe m’Ubwisungane mu Kwivuza (Mituweli), rugomba kuba rubaruye muri Sisiteme y”imibereho y'ingo, rukemeza icyiciro cy'umusanzu rubarizwamo, rugatanga imyirondoro isabwa, rukandikisha abagize urugo bemerewe ubwishingizi, kandi rukishyura umusanzu wa buri mwaka rusabwa gutanga.

Ibiranga umuryango

Ugomba kwiyandikisha nk’umuryango binyuze mu nzego z’ibanze (Umudugudu/Akagari), cyangwa ukareba ko umuryango wawe usanzwe ubaruye muri sisteme Imibero.

Emeza icyiciro cyawe

Ikigero cy’umusanzu uzatanga kigenwa hashingiwe ku cyiciro cy'Ubudehe ubarizwamo, nk'uko cyagenwe n'inzego z'ibanze hashingiwe ku byo winjiza mu kwezi.

Icyemezo cy'umwirondoro

Uzakenera ibi bikurikira:
- Indangamuntu y'u Rwanda (cyangwa andi makuru y'umwirondoro)
- Amakuru y'abagize urugo
- Uburyo bw’itumanaho ukoresha

Kwandikisha abagize urugo

Utanga urutonde rw’abantu bose bagize urugo bazishingirwa na Mituweli. Kubarura urugo bikorwa ku rwego rw’umuryango wose, si umuntu ku giti cye.

Kwishyura umusanzu

Ishyura umusanzu wa buri mwaka ukurikije icyiciro urimo ukoresheje:
- Mobile Money
- Amabanki
- Irembo cyangwa abandi bakozi bemewe bashinzwe kwakira imisanzu.

Ibi si amagambo yacu gusa.
Gahunda y’ubwisungane mu Kwivuza (Mituweli) yahinduye ubuzima bw’abantu benshi.

Umwaka ushize, umuhungu wanjye yararwaye cyane, kandi nagombaga guhangayikishwa cyane n’ikiguzi cyo kumuvuza. Kubw’amahirwe, kubera iyi gahunda ya Mituweli, twabonye ubuvuzi bugezweho kandi buhendutse. Byandemye umutima kubona umuhungu wanjye akira neza, nta guhangayikishwa n’amafaranga.

Ibisabwa kugira ngo ube umufatanyabikorwa wemewe m’ubuvuzi

Kurikiza izi ntambwe zoroshye kugira ngo wandikishe ikigo cyawe kandi ube umufatanyabikorwa mu rwego rw’ubuvuzi.

Tanga amakuru y’ikigo cy’ubuvuzi

Garagaza amakuru y’ibanze y’ikigo cyawe, harimo izina ryacyo, aho giherereye, uburenganzira bukwemerera gukora, ndetse n’amakuru y’itumanaho.

Garagaza serivisi zitangwa

Kora urutonde rwa serivisi zose z’ubuvuzi ikigo cyawe gitanga, harimo aho mufite umwihariko mu buvuzi, amashami mufite, ndetse n’urwego rw’ubuvuzi ikigo kiriho, kugira ngo bifashe gushyira ikigo mu cyiciro gikwiye.

Gutanga uruhushya rwemerera ikigo gukora

Haragaza uruhushya rwemewe rwemerera ikigo cyawe gukora rwatanzwe n’urwego rubifitiye ububasha, kugira ngo hemezwe ko ikigo cyawe cyemerewe gukora ubuvuzi mu buryo bwemewe n’amategeko.

Gutanga ibindi byangombwa bisabwa

Ohereza inyandiko zose ziherekeza ubusabe bwawe harimo uruhushya rukwemerera gukora, icyangombwa cy'inzego zishinzwe ubugenzuzi bw'amavuriro, n’indi nyandiko igenwa n’amabwiriza y’imikorere igaragaza kubahiriza amabwiriza haba ku kigo no kubakozi.

Imyirondoro y’uhagarariye Ikigo

Garagaza amakuru y’irangamuntu y’umuntu wemerewe guhagararira ikigo, harimo nomero y’indangamuntu, ndetse n’umwirondoro we bwite (nk’amazina, itariki y’amavuko n’andi makuru asabwa).

Amakuru ya banki

Tanga amakuru ya konti ya banki y’ikigo cyawe kugira ngo ujye wishyurwa ku gihe kandi mu buryo bwizewe kuri serivisi zatanzwe hakoreshejwe Mituweli

Inzira yoroshye yo gusaba ubwishyu

Urabasha kwishyurwa vuba serivisi watanze ukoresheje ikoranabuhanga.

Tanga ubusabe bwawe nonaha

Waba hari ibibazo ufite kuri iyi serivisi?  Tugufitiye ubisubizo.

Tugufitiye amakuru ukeneye, kandi arimo ibisobanuro bihagije kandi byumvikana.